Inkwi
inkwi zabaye izibura

Intangiriro hindura

 
Inkwi muziko

Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ifatanyije n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi mu mwaka wa 2020 mu turere twose tw’ u Rwanda bwerekanye ko ingo zikoresha inkwi gusa mu guteka mu Rwanda zigera kuri 80.37% mu gihe abagikoresha amashyiga y’amabuye atatu bagera kuri 69.4%.[1][2]

 
kubona inkwi nugutashya kure hashoboka

Ingo hindura

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku ngo zigera ku 5,020 ziganjemo izo mu bice by’icyaro, bwakusanyije amakuru ku mikoreshereze y’ibicanwa ndetse n’uburyo bwo guteka bukoreshwa n’Abanyarwanda.[3]

Inkwi n’amashyiga hindura

Uretse inkwi n’amashyiga gakondo, ubu bushakashatsi bugaragaza ko ubundi buryo bwo guteka bugenda bwitabirwa gahoro gahoro. Abasubije ko bayobotse gukoresha gaze bagera kuri 5.65%. Ugereranije n’imibare yaherukaga kugaragazwa n’Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu mwaka wa 2017, usanga uyu mubare ugenda wiyongera kuko icyo gihe wari kuri 1.15% gusa. Icyakora mu mijyi uyu mubare uri hejuru ku kigero cya 25.6%.[4]

Amashakiro hindura

  1. https://rba.co.rw/post/Ihurizo-rikomeye-ku-cyasimbura-inkwi-mu-nganda-zicyayi-mu-Rwanda
  2. https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abasaga-80-mu-rwanda-baracyakoresha-inkwi-mu-guteka-ubushakashatsi
  3. https://igihe.com/ibidukikije/article/imyotsi-y-imodoka-n-iyo-gutekesha-inkwi-ku-isonga-mu-bihumanya-ikirere-cy-u
  4. https://www.rba.co.rw/post/Gahunda-yo-kugabanya-ikoreshwa-ryamakara-ninkwi-bigeze-he