Inkwano mu Rwanda

bankwa iki

hindura
 
Gunkwa Inka

Mu Rwanda  hose  iyo  basabaga umugeni  bagombaga no kugira icyo baha umuryango utanze umugeni . Batangaga inkwano.   lyo  nkwano rero yabaga iyo kwerekana ko umugeni aturuka  mu muryango wamureze. Yali IShimwe rya Nyiri umukobwa, kubera ko yabaga yarareze neza umwana akaba agiye gushinga urwe rugo . nkwano siko hose yabonekaga. Habagaho umugeni batangiraga ubuntu inkwano yabuze .

Uko bayitagaga

hindura
 
Inkwano
 
Isuka

Iyo nyiri ugushaka umugeni yabaga yabengutse umukobwa, yasangaga Se  w’umukobwa,  yitwaje inzoga akamubwira  yabengutswe umukobwa we, none akaba ashaka kumusabira umuhungu we.  Nyiri umukobwa nawe yaba ashimye umuryango uje kumusaba umugeni akamubemerera, ariko akamusaba inkwano. Ubwo nyiri ugusaba umugeni yabaga yariteguye, inkwano ayifite bagahana igihe cyo kuzaza kumukwera. mu Rwanda hose, ntabwo yata­ngwaga ku buryo bumwe. Hari uturere twakwaga inka, utundi tugakwa andi amatungo yo mu. rugo:  lnka, thene byose byaterwaga n’uko  umuntu· atunze uko  akarere  kabigennye . Inkwano yali inkâ imwe, ku babaga bayifite. Ku babaga batayifite, batangaga ihene eshanu, esheshatu cyangwa se umunani. ku byerekeye  amasuka hatangwaga isuka imwe, ajyanaga  nayo suka yitwaga iya CYOZI, cyangwa se bagatanga isuka umwe ku matungo hatangwaga intama imwe.

Amashakiro

hindura