Intizo y'ubutaka mu Rwanda

ubutaka
ubutaka

Ubutaka

hindura
 
Ubutaka

Minisiteri ishinzwe ubutaka itegura intizo y’ubutaka cyangwa amasezerano yo gukodesha ubutaka bwa Leta. Intizo y’ubutaka cyangwa amasezerano yo gukodesha ubutaka bwa Leta ku mpamvu z’ishoramari rirambye bitegurwa hashingiwe ku miterere y’umushinga w’ishoramari. Intizo y’ubutaka ku mpamvu z’imibereho myiza y’abaturage itegurwa hashingiwe ku mushinga wo gutiza ubutaka bwa Leta mu rwego rw’imibereho myiza y’abaturage.[1]

Intizo y'ubutaka

hindura

Intizo y’ubutaka cyangwa amasezerano yo gukodesha ubutaka bwa Leta mu rwego rw’ishoramari rirambye bishyirwaho umukono na :

1° Minisitiri ufite ubutaka mu nshingano;

2° umushoramari. Intizo y’ubutaka mu rwego rw’imibereho myiza y’abaturage ishyirwaho umukono na :

1° Minisitiri ufite ubutaka mu nshingano;

2° na Minisitiri ufite imibereho myiza y’abaturage mu nshingano.

Amashakiro

hindura
  1. https://mobile.igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/itegeko-rishya-ry-ubutaka-rigiye-gutangira-gushyirwa-mu-bikorwa