Akamaro k’amashyamba

Akamaro k’Amashyamba

hindura
 
Gutera Amashyamba

Amashyamba afitiye akamaro kanini cyane abatuye isi. Mu mashyamba habonekamo ubwoko bunyuranye bw’ibinyabuzima. Umumaro wayo nturondoreka; amashyamba ni intaho y’inyamaswa n’inyoni. Amashyamba atuma haboneka amadovize (amafaranga y’amahanga) atangwa na ba mukerarugendo. Amashyamba ayungurura umwuka duhumeka ndetse amababi y’ibimera yakira umwuka mubi dusohora noneho yo agatanga umwuka mwiza duhumeka.

Amashyamba arwanya isuri, atwikira ubutaka akaburinda imiyaga y’ishuheri, akanaburinda gutwarwa n’amazi y’imvura. Ahari imisozi ihanamye yambaye ubusa, iyo imvura iguye ikukumba ubutaka bwiza bwagahinzwe maze amazi akabwijyanira mu migezi, imigezi na yo ikabwijyanira mu mahanga tugahomba. Ahatari amashyamba iyo imvura iguye ari nyinshi inkangu ziracika rimwe na rimwe n’ubuzima bwa benshi bukahatikirira.

 
gutera ibiti
 
Gishwati Natural Forest 01

Iyo imvura iguye, igasanga ubutaka buteweho ibiti n’ibyatsi bihagije, ibitonyanga bigwa ku bibabi n’amashami bikagabanya umuvuduko n’ubukana. Amazi acengera mu butaka gahorogahoro agasomya ubutaka ariko ntibuhite butwarwa n’isuri.Imizi y’ibiti igira akamaro kanini cyane; ifata ubutaka ikaburinda gutembanwa n’isuri. Imizi y’ibiti yongerera ubutaka ubushobozi bwo gufata no kubika amazi akenewe bikaturinda ubutayu. Amazi ahunitswe mu mizi y’ibiti, ibidendezi ndetse n’ayatangiriwe n’ibimera, atuma amashyamba akomeza kubonekamo inzuzi n’imigezi. Haba no mu gihe gikakaye k’izuba, ahari amashyamba kimeza imigezi ntishobora gukama.

Abantu bakeneye amashyamba mu mirimo myinshi inyuranye; benshi bifashisha inkwi mu gihe cyo gutegura amafunguro, bakarara ku bitanda bikozwe mu biti n’ibindi... Icyakora umuriro w’amashanyarazi wunganira inkwi. Si ibyo gusa kuko n’inzu nyinshi usanga mu bizubatse higanjemo ibiti cyangwa ibibikomokaho. Ndetse uretse amagorofa ahambaye usanga afite ibisenge by’ibyuma, andi mazu menshi ibisenge biba byubakishijwe ibiti cyangwa imbaho. Hari n’abavuga ko inzu yubakishijwe ibiti iramba kurusha iyubakishijwe amatafari ya rukarakara.

Si ibyo gusa kandi kuko n’imitako ikozwe mu biti usanga iteye amabengeza. Hari ibiti byamamaye cyane kubera ugukomera kwabyo. Muri byo twavuga nk’imisave, ribuyu, muvura n’ibindi. Mu Rwanda hari amashyamba yinjiza amadovize kubera ba mukerarugendo. Twese nk’abitsamuye dusenyere umugozi umwe; tuyabungabunge aho kuyatutira kuko arimo gukendera kubera ibikorwa bya muntu. Yego turayakeneye, ariko tuyamazeho uyu munsi abadukomokaho bazaririra mu myotsi kandi iyi si tuyiriho kugira ngo tuzayisige irushijeho kuba nziza.

SOURCE

[1]

[2]

 
AMASHYAMBA
  1. Akamaro k’amashyamba
  2. https://elearning.reb.rw/course/view.php?id=510&section=1